ISIBO TV and RADIO
27/05/2026
Abakinnyi n’abatoza b’Ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudani bahaye aba APR FC icyubahiro kuko begukanye Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ya 2025/26.
Ibi byabaye mbere y’umukino w’Umunsi wa 33 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 27 Gicurasi 2026, guhera Saa 18:00.
Abakinnyi n’abatoza b’iyi kipe yo muri Sudani basohotse mu rwambariro mbere, bageze mu kibuga hagati bakora imirongo ibiri, bahagarara bateganye ndetse barebana. Abakinnyi n’abatoza ba APR binjiye mu kibuga nyuma, babanyuze hagati, abandi babakomera amashyi.
98.7FM
27/05/2026
Perezida Kagame yagenzuye akarasisi kakozwe n’abasoje amahugurwa abazamura mu ntera bakaba ba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda.
Ni mbere y'igikorwa cyo kubambika ipeti aho baza guhabwa irya AIP [Assistant Inspector of Police].
Aba bapolisi bagiye guhabwa ipeti bakoze akarasisi kayobowe na CSP Jean Pierre Kanobayire aho yungirijwe na SP Jean Bosco Rurangwa.
Bari bagabanyije mu masibo 10, aho bagenda batambuka nk’uko babitojwe mu gihe cy’umwaka bamaze bahugurirwa mu Ishuri rya Polisi, PTS Gishari.
Abapolisi kandi baserukanye Ibendera ry’Igihugu ritwawe na CIP Keneth Karuhanga mu gihe Ibendera rya Polisi y’Igihugu ryari ritwawe na CIP Valens Ntakirutimana.
Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026 nibwo i Gishari habereye umuhango wo kwinjiza ba Ofisiye bashya muri Polisi y'Igihugu no kwizihiza imyaka 25 y’ubufatanye butanga umutekano.
Umukuru w’Igihugu yageze ahari Ishuri rya Polisi, aherekejwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye by’umwihariko iz’umutekano.
📸:RBA&Igihe
98.7FM
Click here to claim your Sponsored Listing.
Category
Contact the business
Website
Address
KN 3 Road
Kigali
250
Opening Hours
| Monday | 07:30 - 22:45 |
| Tuesday | 07:30 - 22:45 |
| Wednesday | 07:30 - 22:30 |
| Thursday | 07:30 - 22:45 |
| Friday | 07:30 - 22:45 |
| Saturday | 07:30 - 22:45 |